4/02/2015

2017 Ndafunguye ku kugenda cyangwa kutagenda – P.Kagame

H.E Paul Kagame mu Kiganiro n'Abanyamakuru
* Nta kazi nasabye nyuma ya 2017,
* Abanyarwanda ejo baje bakambwira bati ‘turakurambiwe’, sinarindira 2017 nabumva.
* Ibice bibiri ni byo bihanganye kuri iki kibazo. Muri demokarasi habaho debate.
* Ndi ku ruhande rw’abashaka ko ngenda, ariko ngomba kumva n’urundi ruhande.
* Ariko, ubundi iriya ngingo (y’itegeko nshinga) ni inde wayanditse? Ni njyewe?
* Ndafunguye ku kugenda cyangwa ku kutagenda bipfa kuba bifite inyungu ku Banyarwanda.
* Umutekano, iterambere ry’ubukungu, uburenganzira, njyewe cyangwa uzansimbura bigomba kugerwaho.


Ikiganiro cya Perezida Kagame n’abanyamakuru kuri uyu wa kane cyafashe umwanya munini ku kibazo kigarukwaho na benshi cya nyuma y’umwaka wa 2017 ubwo azaba arangije mandat ye ya kabiri. Yavuze ko izi mpaka hagati y’ibice bibiri zitamureba, gusa agaragaza uruhande ariho n’ubwo ngo afunguye ku mpande zombi ku ruzamwemeza. Yavuze ariko kandi ko imibanire na Tanzania ubu yifashe neza.
Perezida Paul Kagame yatangiye asubiza ikibazo cy’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, avuga ko hari ubwo bizahoraho cyangwa se bikazafata igihe kirekire ngo birangire.
Yavuze ko uburyo bushoboka bwo gukemura iki kibazo ari ugufasha abagizweho ingaruka na Jenoside ko ibi nibikorwa mu bushobozi buhari ari bwo ikibazo kizaba gikemurwa aho guhora muri za politiki.
Perezida Kagame yahakanye cyane ko ibivugwa ku mwaka wa 2017 bitatangijwe n’abayobozi (cabinet) ko ibi yabibajijwe kenshi n’abantu bo hanze n’abanyamakuru.
Avuga ko hari ibice bibiri bifite ibitekerezo bihanganye kuri iyo ngingo;
Igice cya mbere ngo ni icy’abashyigikiye ko ingingo itegeka ko mandat z’umukuru w’igihugu zitarenga ebyiri yubahirizwa.
Igice cya kabiri ngo ni icy’abatekereza ko iyo ngingo y’Itegeko Nshinga yashyizweho n’abantu kandi bashobora kuyihindura kugira ngo bagumane umuyobozi bafite ku mpamvu runaka.
Yagize ati “Murashaka kumenya aho ndi? Ndi ku gice cya mbere. Ariko muri demokarasi ibiganiro-mpaka ni ikintu cy’ingenzi. Hari abantu rero bibwira ko mu Rwanda ibi bitakabaye binavugwa.
Njyewe rero mbazwa kenshi icyo ntekereza, haba muri rusange cyangwa nkanjye ubwanjye. Nkanjye ubwanjye nta kibazo, nta n’icyo ndabwira uwo ariwe wese musaba ibijyanye na 2017.
Ariko, ndi ku ruhande rw’ibitekerezo by’igice cya mbere, ariko ab’ibitekerezo bya kabiri na bo bafite uburenganzira bwo kubibona gutyo.”
Perezida Kagame avuga ko kuko ibi ari we ubwe bireba, agomba kubanza kwemezwa cyane cyane n’abo ku ruhande atariho kugira ngo ashobore guhindura uruhande rwa mbere ariho.
Ati “Abambwira ngo Mr President ntukwiye gukomeza, aba bakwiye kwemeza abo ku ruhande rundi ntabwo ari njyewe. Ni yo mpamvu mbabwira kenshi ko mubaza umuntu utari we.
Mukwiye kuba mubaza abo bantu impamvu badashaka ko uwo muntu avaho, mukabereka andi mahitamo kugira ngo na bo bahinduke. Ntabwo ibi ari njye bireba kuko nta kazi nasabye nyuma ya 2017.
Nimureke abo bantu bavuga ngo ngende n’abavuga ngo mpagume bakore debate (ibiganiro-mpaka) njye mumpe amahoro.”
Kagame yavuze ko abashaka ko atava ku butegetsi ari bo bafite akazi ko kumwemeza ko agomba kuhaguma, naho abashaka ko agenda bo ngo ari ku ruhande rwabo nta kibazo afitanye na bo.
Yavuze ko ababazwa no kubona ubuzima bw’abantu bugera ku ngingo ya mandat z’umukuru w’igihugu bugahagarara ngo bagatinda ku kuba azagenda cyangwa atazagenda.
Ati “Iyo bigeze mu mahanga bwo ndababwira nti ‘Nimureke Abanyarwanda bamenye ibyabo, Abanyarwanda si ibyatsi byo kurundarundanya ugatwika.’ Ni abantu b’agaciro bashobora kwikemurira ibyabo.
Ejo Abanyarwanda nibaza bakambwira bati ‘Turakurambiwe’. Nzabumva, ntabwo nzababwira nti oya nimureke ngeze 2017. Nzabumva sinzarindira icyo gihe.”
Kagame avuga ko ikibazo kuri we atari manda z’umukuru w’igihugu, ahubwo icyo areba ari ukumva icyo abantu bashaka.
Ati “Ndafunguye ku kugenda cyangwa ku kutagenda bipfa kuba bifite inyungu ku Banyarwanda… Icyo nzakora ni ukumva abantu icyo bashaka, ntabwo ari ukumva abanyamakuru cyangwa abandi bantu bareba u Rwanda.”
Perezida Kagame avuga ko atangazwa no kuba icyo avuze cyose kuri iyi ngingo buri ruhande muri ziriya ebyiri rugiheraho rukavuga ibyo rushaka.
Ati “Ubuzima bw’Abanyarwanda bushingiye kuri iriya ngingo? Ni gute ubuzima bw’igihugu buhagararira kuri iriya ngingo? Ariko ubundi ni nde wayanditse? Ni njyewe?
Kuki mutagenda ngo mubwire abayanditse bakayihindura cyangwa ntibayihindure, ntabwo ari njye bireba. Birareba abo bashyizeho iryo tegeko nshinga.
Abo ni bo mukwiye kuba mujya impaka na bo impamvu badakwiye kuyihindura cyangwa kutayihindura. Njye mukambaza ahubwo niba hari ikibazo mfite ku mwanzuro wavuye mu byo bemeranyijwe.”

Hari ibyo kutagibwaho impaka no kudakinisha
Perezida Kagame muri iyi nama yavuze ko hari ibintu bitatu byo kutagibwaho impaka Abanyarwanda bashaka kandi bashyize imbere.
Ibyo ngo ni; umutekano, iterambere ry’ubukungu n’uburenganzira.
Yagize ati “Abanyarwanda babuze umutekano igihe kinini, iki ni cyo bakeneye mbere na mbere kugira ngo bakomere. Icya kabiri ni iterambere ry’ubukungu ubuzima bwabo bugahinduka. Icya gatatu ni uburenganzira bwabo bwo gukora icyo bashaka.
Ibi bizagerwaho nanjye nkiri muri office cyangwa undi uzansimburaNzi amateka y’u Rwanda cyane, nzi icyo Abanyarwanda bashaka, nizera ko ibi ari byo Abanyarwanda bakeneye cyane.
Ibindi, abantu bavuga ibyo bashaka, bakandika ibyo bashaka, cyangwa bagategeka ibyo bashaka mu magambo, ariko ibi bintu bitatu bigomba kugerwaho. Ku buzima cyangwa urupfu, bigomba kugerwaho. Ndizera ko aha munyumva.”

U Burundi burigenga, Tanzania tubanye neza
Ku buryo ibintu bihagaze nabi i Burundi mbere y’amatora y’umukuru w’igihugu ategerejwe mu kwezi kwa gatandatu, ndetse hakaba hari impunzi zatangiye guhungira mu Rwanda.
Perezida Kagame yagize ati  “Sinibwira ko Abarundi cyangwa ikindi gihugu cyigenga gikwiriye kuba kigirwa inama, kereka iyo bashaka inkunga nibwo abantu bayibaha.
Ibibazo Abarundi bafite muri iki gihe, nibwira ko bagifite ubushobozi bwo kubyirangirizaAbantu turebera kure, ariko ntibibujijwe ko tutababaza tuti ‘hari icyo mukeneye ko tubafasha’?
Ku kibazo cy’imibanire na Tanzania, Perezida Kagame yavuze ko koko mu gihe gishize imibanire yari mibi hagati y’ibihugu byombi kubera ibibazo birimo na FDLR, ndetse ngo icyavugwaga cyose hagati yabyo cyakoraga inkuru ikomeye.
Ati “Ariko, tubana mu muryango wa EAC. Duhuriye ku nyungu zimwe na zimwe, habayeho gusurana turaganira no kuri izo ngingo na FDLR, turushaho kureba imbere no kubaka imibanire myiza kugira ngo abantu bacu bahungukire, tubane muri business, twubake ibikorwaremezo, ishoramari, twibande hano ibindi tubisige inyuma.”
Inkuru ya umuseke.rw


No comments:

Post a Comment