6/14/2011

Musanze: Amarozi n’ubusambo ni bimwe mu bidindiza isuku mu bwiherero



Mu gihe aka karere gakomeza kuvugwamo indwara zikomoka ku isuku nke,abatuye umurenge wa Nkotsi batangaje kuri uyu wa Mbere 13 Kamena mu gihe basurwaga n’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuzima,Dr. NDAGIJIMANA Ouziel batangaje ko amarozi n’ubujura biza ku isonga mu gutera isuku nke mu bwiherero ari nabyo bikurura indwara.
Aba baturage bavuga ko bitabira gahunda z’isuku nka kandagira ukarabe,gucukura no gupfundikira ubwiherero,Kurara mu nzitiramibu isukuye kandi iteye mo umuti ngo yamara babangamiwe n’uko kandagira ukarabe bashyiramo amazi yo kwisukura abagizi ba nabi bazishyiramo amarozi rimwe na rimwe ngo zikanibwa.