4/13/2015

Imigani y’imigenurano y’ikinyarwanda


Abanyarwanda mu bihe bitandukanye bagiye bagira imvugo n;imigani cyane cyane yaturutse ku bintu runaka kandi igihe babivuze bikaba hari icyo bivuze ku benerurimi.Izo mvugo/imigani yigisha umuryango nyarwanda ikanawukosora mu buryo bwinshi. Dore myinshi muri yo kurutonde rukurikira.


A


· Ababiri bashyize hamwe baruta umunani barasana.


· Ababiri bajya inama baruta umunani urasana.


· Ababiri bakika umwe.


· Ababiri baruta umwe.


· Ababiri bateranya abeza.


· Ababiri bica umwe.


· Ababiri bishe imbwa y’umwami.


· Ababiri ntibacibwa inka.


· Ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana.


· Abacuranye ubusa basangira ubundi.


· Abadapfuye ntibabura kubonana.


· Abagabanye imbisi (inyama) ntibagabana umufa.


· Abagabo babiri ntibabana mu nzu imwe.


· Abagabo bararya imbwa zikishyura.


· Abagira amenyo baraseka.


· Abagira amenyo ni museke.


· Abagira inyonjo bagira ibirori.


· Abagira iyo bajya baragenda.


· Abagiye inama Imana irabasanga.


· Abagore bagira inzara ntibagira inzigo.


· Abagore baragwira.


· Abahigi benshi bayobya imbwa (uburari).


· Abakingiranye ingabo ntibakingirana inyegamo.


· Abalinzi bajya inama inyoni zijya iyindi.


· Abantu bibuka imana iyo amakuba yababanye menshi.


· Abasangira bashonje ntawusigariza undi.


· Abasangira basigana imbyiro.


· Abasangira bike bitana ibisambo.


· Abasangira uduke (ubusa) bitana ibisambo.


· Abasobetse imisumbi ntibaba bagihishanye amabya.


· Abatanye badatata barasubirana.


· Abateranye imigeri ntibahishana amabya.


· Aberekeranye ntibabura kwendana.


· Aboro babiri ntibasangira umwerera.


· Abo umwami yahaye amata nibo bamwimye amatwi (amazi).


· Abotanye kera ntibahishanya amabya


· Abwirwa benshi akumva (akwumvwa na) bene yo.


· Agahinda k’inkoko kamenywa n’inkike yatoyemo.


· Agahinda si uguhora urira.


· Agahwa kari k’uwundi karahandurika.


· Agafuni kabagara ubucuti ni akarenge.


· Agakecuru gahaze gakina n’imyenge y’inzu.


· Agakono gashaje karyoshya ibiryo


· Agakono gashaje niko karyoshya imboga..


· Agakungu gakuna imbwa.


· Agakungu iyo gashize agashino kayora ivu.


· Agakungu kavamo imbwa yiruka.


· Agapfa kabuliwe ni impongo.


· Agapfundikiye gatera amatsiko.


· Agasaza kamwera akandi kazakamwa?


· Agasozi kagusabye amaraso ntuyakarenza.


· Agasozi kamanutse inka kazamuka indi.


· Agashyize kera gahinyuza inshuti.


· Agashyize kera gahinyuza intwari.


· Agati gateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga.


· Agatinze kazaryoha ni agatuba k’uruhinja.


· Agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru.


· Ahanze ubwana hamera ubwanwa.


· Aharaye inzara haramuka inzigo.


· Ahari amahoro, uruhu rw’imbaragasa rwisasira batanu.


· Ahari ubuhoro umuhoro urogosha.


· Aho guhana umupfu wayobya umuvu.


· Aho gupfa none wapfa ejo.


· Aho gupfa wakena.


· Aho gutera Gitera watera ikibimutera.


· Aho ibyago byaje ibihaba bica umuhoro.


· Aho ihene yonnye ihoramo.


· Aho imbwa ikubitiwe irahagaruka.


· Aho imbwa yaririye ntihava.


· Aho inkoko yasheshe ihata ibaba.


· Aho inkoko yasheshe itoye kenshi.


· Aho inkuba zerekeye ni ho ibicu bijya.


· Aho intumbi ziri ni ho inkongoro ziteranira.


· Aho kuba imbwa waba imva.


· Aho kuba umusega waba imbwa.


· Aho kunigwa n’ijambo wanigwa n’uwo uribwiye.


· Aho udatezeumugeni ntuhanga umugayo.


· Aho ujishe igisabo ntuhatera ibuye.


· Aho umubembe ali ntawe utungayo urutoki.


· Aho umutindi yanitse ntiriva.


· Aho umwaga utari uruhu rw’urukwavu rwisasira batanu.


· Aho uniga urahasanga umuhogo.


· Aho utazashaka umugeni ntuhanga umugayo.


· Aho wahishe (ujishe) igisabo, ntuhatera ibuye.


· Aho wisigiye siho uhurira na muramu wawe.


· Aho yanyuze (imboro) ntihaca urwango.


· Aho yonnye (ihene) ihoramo.


· Ak’imuhana kaza imvura ihise.


· Akababaje ababiri karabateranya.


· Akababaje umutima kazindura amaguru.


· Akabaye icwende ntikoga.


· Akabi gasekwa nk’akeza.


· Akabikora kabizi gateka imboga karitse.


· Akaboro, gato karuta amabya masa.


· Akabuno karusha isuka guca inshuro.


· Akabuno ntigasa n’akabyara gasa nako birarana.


· Akaburiye mu isiza ntikabonekera mu isakara.


· Akabuze ubuguzi gasubira (zwa) nyirako.


· Akagabo gahimba akandi kataraza.


· Akaje gahimwa n’akakazanye.


· Akaje karemerwa.


· Akamasa kazaca inka kazivukamo.


· Akameze ku murizo w’imbwa karimba kawuciye.


· Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.


· Akanwa karya ntikaguhe (ntiwumve) kavuza induru ntiwumve.


· Akarenze umunwa karushya ihamagara.


· Akarimi kabi gasemera agasaya.


· Akarusha imboro kunagana baragata.


· Akarusha imbwa kwota karashya.


· Akaryoshye ntikariwe mu rw’undi.


· Akatari amagara karahahwa.


· Akazapfa kabungira akazakica.


· Akazu gato karya ubwatsi.


· Akebo kajya iwa Mugarura.


· Akeza karigura.


· Akeza karimara.


· Akicaro keza kikuramo umwana uzi ubwenge.


· Akiziritse ku mugozi gashirwa kawuciye.


· Akiziritse ku muhoro gasiga kawuciye.


· Ako iminsi iteruye ntikajya karemera.


· Ako imuhana kaza imvura ihise.


· Ako umukobwa ashaka karamugarika.


· Amaboko akorera inda yapfa akayipfumbata.


· Amaboko atareshya ntaramukanya.


· Amabya y’undi aryohera umugeri.


· Amacumu y’inda ntashira igorora.


· Amafuti y’umugabo nibwo buryo bwe.


· Amagambo atagira mukuru arumba ari indaro.


· Amagara araseseka ntayorwa!


· Amagara ntaguranwa amagana.


· Amage arisha umugabo ikivuza (igihaza).


· Amaherezo y’inzira ni mu nzu.


· Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.


· Amareshya mugeni siyo amutunga.


· Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.


· Amashyi make yimisha umwana impengeri.


· Amaso y’igikeri ntabuza umuvomyi kuvoma.


· Amasunzu si amasaka.


· Amata make amena menshi.


· Amata y’umukobwa aba imbere.


· Amatama masa ntasabira inka igisigati


· Amavuta y’umugabo ni amuraye ku mubiri.


· Amavuta y’umugabo ni amuraye ku murundi.


· Amazi make aharirwa impfizi.


· Amazi arashyuha aliko ntiyibagirrwa iwabo wa mbeho.


· Amirariro atera amimaro.


· Amenyo ni amabuye.


· Amenyo amerera ku majigo, inkoni igashibuka ku gishyitsi, imishino igashibuka kuri rugongo.


· Amirariro atera amimaro.


· Arenze umusozi arivovota aramutuka.


· Atari ayawe ntakurara kumubili.


· Ayo impumyi uyabara itashye (inka).


· Ayo ubwira umucuzi si yo ubwira umucuzikazi.


B


· Babona isha itamba bagata urwo bambaye.


· Babona zireresa amabya bakagira ngo zimya zose.


· Bagarira yose.


· Bagarira yose ni umwana w’umunyarwanda.


· Bagarira yose ntuzi irizera.


· Bagutumye umurozi w’umugore uhera kuri nyoko.


· Banegurana ari inenge ba nenge itirora.


· Baranyerera yaguye Jinja.


· Barihima ba Mujyanama yasanze bamwendera umugore yica imboro.


· Barihima ni mwene Mujinya.


· Bavuga ibyigondoye umuhoro ukajya imbere.


· Batutira henshi ntibazamenya iyo bataye imihoro.


· Bavuga ibyigondoye umuhoro ukarakara.


· Bazirunge zange zibe isogo imboga zirura.


· Bene amazuru meza ntibaburana n’ibya nyuma.


· Bene imitsima bayitsimbarayeho.


· Bigirankana bya Nirwange bamutumye isuka yo guhamba se, ati "mwayimubajije ko ari we waraye ayibitse".


· Biguma bigeze ku munwa.


· Birabe ibyuya ntibibe amaraso.


· Bucya bucyana ayandi.


· Bucya bwitwa ejo.


· Buhoro buhoro bwagejeje umuhovu (pfu) ku ruzi.


· Buhoro buhoro nirwo rugendo.


· Burya mukaso ntaba ari nyoko.


· Burya si buno.


· Byabara usara.


· Byagaze iruta byabuze.


C


· Ca bugufi iruta jya hejuru.(ntukishyire hejuru)


· Fata ako ni yo gabo.


· Findi findi irutwa na so araroga.


G


· Gahimandyadya na Kajogora baranywanye.


· Gashiramazizi ka Ntibazirikana rubanda rushishwa nabi.


· Gatindi ka Gateneneko yakenyeye agahu agateneneko agacishamo agakumwe, ati mbe bahungu no mu cyi ni ko bizahora bimeze?


· Gesa ubw’iyo, ubw'ino ntiburera.


· Gira so yiturwa indi.


· Gishira ibyara ntigishira amazi.


· Guherekeza utagushaka bitera inzira agahinda.


· Gusaza ni ugusahurwa.


· Gusekera utagushaka bitera imbeho mu menyo.


· Gusera intanyurwa ni ugusesa.


· Gushaka ni ugushobora.


· Gusoma mubi biruta kwirigata.


HHaguma umwami, ingoma irabazwa.


· Hasura uwariye. Hagatura uwejeje


· Hobe hobe itera ibinyoro.


I


· Iba ibyegereye byakizaga, urufunzo ntirwahiye.


· Iba imwe ikakugana mu ijana.


· Ibanga ni irya babiri.


· Ibihanga bibili ntibitekwa mu nkono imwe.


· Ibihe biha ibindi.


· Ibihembe by’intama ntawe umenya iyo bikura bigana.


· Ibirenge bijya imbu kujya imbere.


· Ibisa birasabirana.


· Ibitwenge by’inkoko bishirira mu kwayura.


· Ibize nabi uyima ifu.


· Ibuguma ntishobora isibo.


· Ibuguma y’umushino imira imikangara itanu.


· Ibuye ryabonetse ntiryica isuka (ntiriba rikishe isuka).


· Ibyara mweru na muhima.


· Ibyagiye kera ibyagurukana irago.


· Ibyaye amamasa yicungura amarago.


· Ibyaye ikiboze iracyirigata.


· Ibyaye ikiboze irakirigata.


· Ibyo abahutu birya ubahutaje.


· Ibyo abapfu birya abapfumu.


· Ibyo ejo bibara abo ejo. [Iby’ejo bibara ab’ejo.]


· Ibyo ihaha birushya ihambira. [Iby’ihaha birushya ihambira.]


· Ibyo isi ni amabanga. [Iby’isi ni amabanga.]


· Icyizere cyiraza amasinde.


· Iyangiye aho uyemereye uyiragirira aho yamagiriye.


· Icyo imbwa yanze umanika aho ireba.


· Icyo umutima ushaka, amata aguranwa itabi.


· Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge.


· Ifuni y’imboro iruta umujyojyo w’igituba.


· Igihiswe kirabora na nyiracyo akabora.


· Igishongore cy’umugore ni nk’icyo imbwa.


· Igikeri cyakandagiwe n’inka kiti: uko zivuze nyamahembe.


· Igisiga cy’urwara rurerure kimennye inda.


· Igiti cyatewe n’Imana ntigihungabanywa n’umuyaga.


· Igiti kiswe umwana ntigicanwa.


· Igiti kigororwa kikiri gito.


· Igiti uzacana umusaza agitera akiri umusore (Igiti umugabo azacana agitera akiri umusore).


· Iguguna umuhini yototera isuka.


· Iguye ntayo itayigera ihembe.


· Ihene bayita mweru ikirirwa itarishije.


· Ihene mbi ntuyizirikaho inziza.


· Ihene mbi yanga mwabo.


· Iherezo riruta intangiriro.


· Iherezo ry'inzira ni mu nzu.


· Ihiye nabi uyima ifu.


· Ihunga umurinzi igwa ruhabo.


· Ijambo ribi rivana imboro mu gituba.


· Ijisho ridahuze ntirihaka.


· Ijisho rikwanga nturiyoberwa.


· Ijisho ry’imbwa ntiribuza umugabo kurya utwe.


· Ijisho ry’umukunzi rikuririra ripfuye.


· Ijisho ry’undi ntirikurebera umugeni.


· Ijoro ribara uwariraye.


· Ikimuga kiruta igiyuro.


· Ikinyoni kigurutse kitavuze bacyita igishwi.


· Imana ifasha uwifashije.


· Imana ihora ihoze.


· Imana irara ahandi igataha i Rwanda.


· Imandwa z’abatindi zigira iyazo mirindi.


· Imbaraga nke zitera imico myiza.


· Imbeba yakandagiye umwite w’injangwe iti: ubugabo bwari aha!


· Imbeba yakubise amabya ku ishyiga iti ntacyo bitwaye hazashibuka andi.


· Imbeba yakurikiye akaryoshye munsi y’urusyo ihakura inda y’urubati.


· Imboro mbi ni idafite ifaranga.


· Imboro mbi ni itabyara.


· Imboro nyamuniga iruta imboro rurizo.


· Imbura gihana yabuze gihamba.


· Imbuto y’umugisha isoromwa ku giti cy’umuruho.


· Imbwa yigannye inka kunnya mu rugo (barayikubita) irabizira.


· Imfura zisangira amata ntizisangira amaraso.


· Iminsi ikona inzovu (ingwe).


· Iminsi irasa ariko ntihwana.


· Iminsi iteka inzovu mu rwabya.


· Iminsi ivuguta nta muvuba.


· Iminsi ni imitindi.


· Iminsi umugabo amara kwa mukeba si yo amara ikuzimu.


· Iminsi y’umujura ni mirongo ine.


· Iminsi yira ari myinshi igahimwa n’umwe.


· Imirimo ibiri yananiye impyisi.


· Imishishi y’imishino ntishira inogonora.


· Imitunu y’igikeri ntiyirukanye abavomyi.


· Imitunu y’urukwavu ntibuza ishyamba gushya.


· Impamba itazakugeza i Kigali uyirira ku Ruyenzi.


· Impamvu ingana ururo.


· Impfizi ibyara uko ibyagiye.


· Impfizi izira izayontigira inyishyu.


· Impfizi ntiyimirwa.


· Impfubyi ibaga yotsa.


· Impfubyi yunvira mu rusaku.


· Impyisi barayibwiye bati amayira arafunze, iti: nari nsanzwe nigendera bugorobye.


· Impyisi y’iwanyu ikurya ikurundarunda.


· Inda ibyara mweru na muhima.


· Inda mbi (irimo urwango) uyiha amata ikaruka amaroso.


· Inda nini yishe ukuze.


· Inda y’umwanzi (yakwanze) uyiha amata ikaruka amaraso.


· Indambirwa y’iminsi yenda umurwayi.


· Indashimwa yahawe urutugu irutwarana n’ijosi.


· Indyarya ihimwa n’indyamirizi.


· Indyarya ebyiri iyo ziryamanye, bucya ntayenze indi.


· Ingabo y’umugore iragushora ntigucyura.


· Inganyi ya cyane iganyira nugira ngo awa.


· Ingendo y’undi iravuna.


· Ingeso ipfa nyirayo yapfuye.


· Ingoma idahora ni igicuma.


· Ingona zirya bamwe abandi bambuka.


· Ingurube ibyaye ntiribwa n’imbwa.


· Ingwe ikurira umwana ikakurusha kurakara.


· Ingwe ntiyari izi gufata ijosi yarabwirijwe.


· Inka ya Nkoronko igira inkomoko.


· Inka yikoma isazi aho igeza umurizo.


· Inkingi imwe ntigira inzu.


· Inkoko iriwabo ishomba umukara.


· Inkokokazi iteteza nk’izindi bati ngiyo kanwa kabi.


· Inkoko yaraye hanze iba yabaye inkware.


· Inkomyi y’amabyi irayitera.


· Inkonda z’umwana w’undi zirarura.


· Inkongoro yadede inywera mo dede wenyine.


· Inkoni ikubise mukeba uyirenza urugo.


· Inkoni ivuna igufwa ntivuna ingeso ( ntigera ku ngeso).


· Inkono ihira igihe, n’aho wacanira ute.


· Inkono ntihira ikibatsi ihira ikibariro (inkono ihira igihe, ntihira ikibatsi).


· Inkono zisumbanya imbyiro.


· Inkotsa ivuga nk’izindi bakayamagana (ngo ngiyo kanwa kabi).


· Inkovu icitse irushya abavuzi.


· Inkubisi yacyane irayitera (irayitarukiliza).


· Inkunguzi y’inkware ishoka agaca kayireba.


· Inkunguzi y’inkware yashotse agaca kayireba.


· Inkunguzi y’umuhutu yivuga mu batutsi.


· Inkunguzi y’urukob’irihiga?


· Inkunguzi y'igikoba yihamagarira amakara


· Inkunzi y’imiryango icika inkangu mu nnyo.


· Inkunzi y’imiryango ikobora rugongo.


· Inkuru mbarirano iratuba.


· Inkuru mbi ntiyoberana.


· Inkururabutindi ihakwa n’uhanyaze.


· Inkururarusya iswika nyirasenge.


· Inkware (igiye cyera) itura mu itongo ry’uwayihigaga.


· Inkware yinyabugingo yatoreye mwitongo ryuwayihigaga.


· Inshakura irongorwa kabiri.


· Inshuti ni iyo musangira mukayaga.


· Insina ngufi ntawe ntawe utayicaho ikoma.


· Insina ngufi ntawe utayigera.


· Insuti ziba nyinshi, iyo mwambaranye ubusa iraguma.


· Inshyuro mbi yashubije Nkundiye iwabo.


· Intamenya y’umugabo irira ku muziro.


· Intasi y’impyisi yabira maka.


· Intege nke ntizikina zirarwana.


· Intege nke zitera imico myiza.


· Intenge itari iyawe, uratoboroza.


· Inyamaswa idakenga yicwa n’umututizi.


· Inyamibwa y’imboro ni ishyutwe.


· Inyiturano y’umuhutu ni umusuzi.


· Inyongera mbi ni imisuha.


· Inyoni iguruka yisunze agati.


· Inyoni ivuye mu cyari itaramenya kuguruka bayifatisha intoki.


· Inzigo y’imboro ihozwa indi.


· Inzira ntibwira umugenzi.


· Inzoga ni imfura ikanyobwa n’imfura.


· Inzoka yakwanze uyiha amata ikaruka amaraso.


· Inzu y’umwanzi niyo uvanyeho agasakamburiro ugira uti ahiii (burya uba ukoze).


· Irya mukuru riratinda ariko ntirihera.


· Iryo wavuze urarihacyishwa.


· Isari iyo isumbye isesemi, umugabo asubira ku cyo yangaga.


· Isari iyo yasumbye isesemi umugabo asubira ku cyo yangaga.


· Isazi y’ubute ntirya igisebe.


· Isazi yaswitse urutare iti: birabe ntangare ntanga yanjye.


· Isazi yaswitse urutare iti: birabe ntangare ntanga yange.


· Ishira amenyo ntishira amerwe.


· Ishyano rigusanze mu buriri uraryerekera.


· Ishyano rigwira nyirumugore umwe.


· Ishyano rivurwa n'irindi.


· Isi ntigira inyuturano.


· Isoni zirisha uburozi.


· Isuka ibagara ubucuti ni akarenge.


· Isuku igira isoko.


· Isuli isambira byinshi igasohoza bike.


· Itanga ishatse (Imana).


· Itegeko rirusha ibuye kuremera.


· Ivu rihoze niryo ryotsa inzu.


· Ivu rihoze ryotsa inzu.


· Iyagukanze ntiba inturo.


· Iyaguye ntayo itayigera ihembe.


· Iyihuse ibyara ibihumye.


· Iyimiye mu gisigati ibarirwa bose.


· Iyakitse ntawe utayikora mu nda.


· Iyangiye aho uyemereye, uyiragirira aho yamagiriye


· Iyaseseye ntiyugururirwa.


· Iyihuse ibyara ibihumye.


· Iyimiye mu gisigati ibarirwa bose.


· Iyo abanzi babaye benshi Imana iba mwene nyoko.


· Iyo abavandimwe bavumbitse akaguru, uvumbura (uvanamo/ukuramo) akawe.


· Iyo agahararo gashize uwahekwaga arigenza.


· Iyo agashungo gashize, agashino kayora ivu.


· Iyo amazi abaye make aharirwa impfizi.


· Iyo bavuze ibigoramye, imihoro ihaguruka mbere.


· Iyo butarira mukaso aba nyoko.


· Iyo iminsi ihuze urayiba.


· Iyo inzovu yerekeye hirya uyipfura urutsinga.


· Iyo inzovu zirwanye, ibyatsi birahababarira.


· Iyo isari yasumbye iseseme, umugabo asubira kucyo yanze (yifuza icyo yangaga).


· Iyo ngira ntya yari ijambo ni uko yaje nyuma.


· Iyo nyokobukwe akunze ukurura ihururu.


· Iyo umuntu agukoreye nabi abakwigishije.


· Iyo umutindi yanitse ntiriva.


· Iyo urugo rwarazwe imishino, umwana w’umukobwa avukana itanu.


· Iyo uruhahirwa na babiri rutazanye ibinyoro ruzana mburugu.


· Iyo usanze abavandimwe bavumbitse akarenge uvanamo akawe.


· Iyo usanze imbwa yuriye igiti, uhita ubaza uwayurije.


· Izina ni ryo muntu.


· Izotanye zisigana ivu.


K


· Kabutindi itera umugore kwikuruza.


· Kabutindi igumbashya inkoko.


· Kamenyero yenze nyina.


· Kami ka muntu [k’umuntu] ni umutima we.


· Kanga mu jisho ntikanga mu kanwa.


· Karabaye ntiyendwa.


· Kirazira kugirira umwana nabi.


· Kiriziya yakuye kirazira.


· Kirya abandi bajya kucyirya kikishaririza.


· Kitirirwa umwana kagatera nyina akabondo.


· Kora ndebe iruta vuga numve.


· Kuba imbwa si ukumoka.


· Kubwira utumva ni nko guta inyuma ya Huye.


· Kubyara ni ugusubiza ingobyi imugongo.


· Kugabirwa kwitura kurutwa n’igihango cy’umucyene.


· Kugenda bitera kubona.


· Kugera kure si ko gupfa.


· Kure ni mu nda.


· Kuramutsa utagushaka bitera imbavu imisonga.


· Kurya bike ni ukubikena.


· Kuvuga menshi siko kuyamara.


· Kuzinduka kwa rusake ntikwayibujije kunnya mu nzu.


· Kuzinduka kw’inkoko ntikwayibujije kunnya ku butanda.


· Kwa Bugabo bavuza induru, kwa Bwoba havuga impundu.


· Kwa nyokorome uherekwa na nyoko.


· Kwikiriza ntibibuza uwanga kwanga.


L


M


· Maguru ya sarwaya yasize imvura n’umuyaga.


· Mpana umupfu yananira nkamwoshya.


· Mpemuke ndamuke yagambaniye uwamuhaye inka.


· Mukuru w’ijambo ni irindi.


· Mu nda ni kure.


· Mu gihugu cy’impumyi uwo ijisho rimwe aba ari umwami.


· Mujinya wa Nyamwijinya yasanze umugore we yasambanye aragaca.


· Mukuru w’ijambo ni irindi.


· Murankorere ibindi nzivomera.


· Mwa nyina wundi ni mwa nyiranyenga.


· Mwene samusure avukana isunzu.


N


· N'abantu barapfa.


· N’inyange zirapfa nkaswe ibyiyoni.


· N’izibika zari amagi.


· Na nyina w’undi abyara umuhungu.


· Naho Miseke ndarwana.


· Nari umugabo ntihabwa intebe.


· Ndaguhaye iruta ndakuzirikana.


· Ndakureba ukanshisha naho hasi warashize.


· Ndakwanze ntijya ivamo ndagukunze.


· Ni ikizi (ikizwi na) bose nk’umuravumba (nk’agacuma k’amagambo).


· Nsabira nsome irutwa n’insangirano.


· Nshimwe nshimwe y’umugore yamukoboye injuma.


· Nshimwe y’umukobwa ikobora injuma


· Nta baronkera rimwe nk’abaca imisigati.


· Nta batana badatandukanye.


· Nta bugabo buruta ububwa.


· Nta bworo burama nkubwo ikirenge.


· Nta byera ngo de.


· Nta gahora gahanze.


· Nta giti kibura inyoni ikigwaho.


· Nta gufwa ry’umusundi rirenzwa urugo.


· Nta kabura imvano.


· Nta kurama kudapfa.


· Nta mboro mbi yambaye ifaranga.


· Nta mubi wisize.


· Nta mugabo umwe.


· Nta mugani uva ku busa.


· Nta muheza w’ibyo isi. [w’iby’isi.]


· Nta mukobwa utagira umubwira ati erecyera hino.


· Nta munyagara w’inyama.


· Nta mupfu w’itabi.


· Nta murozi wabuze umukarabya.


· Nta muteja w’imboro.


· Nta muzindutsi wa cyane watashye mu mutima w’undi.


· Nta mwami uba akabeba.


· Nta mwami uba umugaragu (akabeba).


· Nta mwami wica, hica rubanda.


· Nta mwinjira ugira ijambo.


· Nta mwiza wabuze inenge, na Nyirahuku agira amabinga.


· Nta nkokokazi ibika isake ihari.


· Nta nkuba ikubita umunyabugingo.


· Nta nkumi yigaya.


· Nta nkumi yigaya ikibero (itako, ubuto), n’irwaye igisebe ica inzaratsi.


· Nta nyama itarya umutsima.


· Nta rutugu rukura ngo rusumbe ijosi.


· Ntawanga kugwa aheza.


· Ntawanga kuryama ngo atarota.


· Ntawanga umuruho ashyukwa.


· Ntawe ubura ishyano ashyukwa.


· Ntawe uhisha uwo ahishaho.


· Ntawe ujya mu ishyamba ngo abure ishyano akurayo.


· Ntawe unanira abamushuka ananira abamuhana.


· Ntawe uneza rubanda.


· Ntawe urata inkovu z’imiringa.


· Ntawe uribara nk’umuto waribonye.


· Ntawe urutwa yenda.


· Ntawe urya inka nka nyirayo.


· Ntawe urya umuntu ngo ananirwe n’urutoki.


· Ntawe usesa uwo acyota.


· Ntawe ushaka uko nyina yashatse.


· Ntawe uta akanyaga atagahambuye.


· Ntawe utinya ijoro, atinya icyo bahuriyemo.


· Ntawe utinya uwo yatutse.


· Ntawe utunga izo adashitura.


· Ntawe uyoberwa umwibya, ahubwo ayoberwa aho amuhishe.


· Ntawe uvuma iritararenga.


· Ntawiheba ritararenga.


· Ntawivuga nabi ameza ahari.


· Ntawiyaga (ntawivuga) amabi ameza ahari.


· Ntayo iyoberwa iyayo mu mwijima.


· Ntayuzura nkiyali ihali.


· Ntihaba bapfana iki.


· Ntihaba gutunura haba Imana ikurebera.


· Ntinde bankumbure yasanze baramwibagiwe.


· Ntugahandwe ku rurimi ikirenge gihari.


· Nubakira imisure sinishinze imilizo yazo.


· Nuhigimye aba avuze.


· Nuwapfuye ejo ntaririrwa.


· Nuwaraya imbwa yarya inzungu.


· Nuwendeye nyina mu nyenga yaramenyekanye.


· Nyamwanga kwumva ntiyanze kubona.


· Nyamwanga yanze n’uwamuhaye inka.


· Nyina w’umukungu ntabyina nabi.


· Nyirakarimi kabi yatanze umurozi gupfa.


· Nyiramaso yerekwa bike ibindi yirebera.


· Nyirambigirambizi yiciye ururasago ku gituba rwanga kuva ati: turaturanye n’ejo nzongera.


· Nyiri ibyago ibyatsi bimwima inzira.


· Nyiri impare niwe umenya uko ayigobeka.


· Nyiri inkota ni uyifashe akarumyo.


· Nyirumupfu ni we ufata ahanuka.


· Nyirumutwe munini ntarengwa n’imijugujugu.


· Nyokobukwe si umuko.


· Nyokorome akuruma akurora.


· Nzapfa nzakira simbizi.


R


· Ribara uwaribonye.


· Ruliye abandi rutakwibagiwe.


· Runo si u Rwanda ni urwandiko.


· Rurarya ntiruhaga.


· Ruza rutwara abaseka.


S


· Sakindi izaba ibyara ikindi.


· Sakwe sakwe irutwa na so araroga.


· So aguha umugore ntamukwendera.


· So ntakwanga, akwita nabi.


T


· Tega amatini ngo urabona amatuba.


· Tuza duturane.


U


· Ubabaye niwe ubanda urugi.


· Ubamba isi ntakurura.


· Ubitse munda imbwa ntimwiba.


· Ububwa buravukanwa.


· Ubugabo butisubiraho bubyara ububwa.


· Ubugabo si ubutumbi.


· Ubugore si amabere n’ihene irayagira.


· Ubukana bw’imbwa bushirira mu imoka.


· Ubukana bw’umwungu ntibwotsa urutaro.


· Ubukene si ikineguro.


· Ubunini si ubugabo.


· Ubunwa bwagusomeye umugabo burakwongrera ntiwumve.


· Ubupfura buba mu nda.


· Uburebure si ubwenge.


· Uburere buruta ubuvuke.


· Uburere bwiza bucisha imfura mu mwijima.


· Uburiye umubyizi mu kwe ntako aba atagize.


· Uburo bwinshi ntibugira umusururu.


· Ubusa burimara.


· Ubusabusa buruta ubusa.


· Ubusabusa bw’umusundi buvura imboro umusonga.


· Ubusambo ni bubi.


· Ubushiki ni uburibwa.


· Ubushyitsi buribwa ni muramu w’umuntu.


· Ubutegetsi si ubukonde.


· Ubuto bw’isha ntibusobanura inzara.


· Ubuze icyo atuka inka agira ati dore icyo gicebe.


· Ubuze inda amena imigi.


· Ubuze uko agira agwa neza.


· Ubwenge burarahurwa.


· Ubwenge buza nyuma y’uburagi.


· Ubwenge buza ubujiji buhise.


· Ubwira intumva ata ibiheko.


· Ubwira umuzi ntavunika.


· Ubwiru bw’ingomabumenywa n’umwiru na nyirayo.


· Ubwiza bw’intobo ntibuyibuza kurura.


· Ubwiza bw’umukobwa ntibwamubujije kuruha.


· Ubyaye nabi aramutswa (atukwa) n’abakwe.


· Ubyina iwabo arasebwa.


· Ubyinana na mucyeba ntahumbya.


· Ubyinana na mucyeba ntahumbya.


· Uca imisoto y’inda ntafasha umuhoro hasi.


· Uca mw’ishyamba utazi ugaca inkoni utazi.


· Uca urubanza rw’abavandimwe arararma.


· Ucira injiji amarenga amara ibinonko.


· Ucyenze rimwe ntaba akimaze.


· Ucyeza abami babiri aba ashaka twange umwe.


· Udapfuye arakira.


· Udashinga ntabyina.


· Ufinura itari iye ageza ku mukondo.


· Ufite icyo abunza bwira aguze.


· Ufite umufata ijosi ararigwandika.


· Ufite umusegura agonda ijosi.


· Ugaburira uwijuse bararwana.


· Ugaya ibye abyibiramo.


· Ugaya impundu z’urushishi, areba amatama ziturukamo.


· Ugiciye inkondo siwe ugicundamo.


· Ugirirwa neza n’uwo yayigiriye aba agira Imana.


· Ugiye iburyasazi azimira nzima.


· Ugiye iburyasazi azirya mbisi.


· Ugucumise ingufi ntaba akwimye indende.


· Uguhaye akubonye arutwa n’uguhaye akuzirikanye.


· Uguhiga ubutwari muratabarana.


· Uguhishe ko akwanga umuhisha ko ubizi.


· Uguhimye atiretse .....


· Ugusumba arakumanurira.


· Ugusuriye ntumusurire akwita ikibura nnyo.


· Ugusuriye ntumwishyure akwita akarondwe.


· Uhagarikiwe n’ingwe aravoma.


· Uhana umusore,amuhana agaruka.


· Uhaze ikivuge, ntabura ikivugo.


· Uhenera umukunzi ntamuhisha innyo.


· Uhiga ubutwari n’umugore aragarama.


· Uhima inda arayirariza.


· Uhisha mu nda imbwa ntimwiba.


· Uhishira umurozi akakumaraho abana.


· Uhonga umwanzi amara inka.


· Uhongera umwanzi amara inka.


· Ujya gutera uburezi arabwibanza.


· Ujya gutumira sakabaka aba yujuje inyama ibitebo.


· Ujya kugaya impundu z’urukwavu abanza kureba imisaya ziturukamo.


· Ukandagira agahungu ntahonyora.


· Ukize baraza.


· Ukize ububwa abukubitira undi.


· Ukize ubusore arabubagira.


· Uko umugabo aguye si ko amabya ameneka.


· Ukora icyo azi yendwa ahetse.


· Ukorora acira aba agabanya.


· Ukoze hasi yibutsa undi ibuye.


· Ukubarira akubeshya agira ati:nupfa tuzajyana.


· Ukubira cyane ukamaramo n’ubwalimo.


· Ukubise imbeba ntarobanura izihaka.


· Ukubise imbwa aba ashaka shebuja.


· Ukuboko kwafashe ingoma ntukuyirekura keretse baguciye.


· Ukubwiye ubusa umusubiza ubundi.


· Ukumoka kw’imisega ntikubuza abagenzi guhita.


· Ukuri gushirira mu biganiro.


· Ukuri kunyura mu ziko ntigushye.


· Ukuri ntikwica umutumirano.


· Ukurushije umugore akurusha urugo.


· Ukwanga atiretse arakubwira ati: cyo turwane.


· Umanika agati wicaye wajya kukamanura ugahagarara.


· Umubabaro w’umwana umenywa na nyina.


· Umubyeyi gito aremaza umwana igituba.


· Umugabo arigira yakwibura agapfa.


· Umugabo asiga imbwa.


· Umugabo mbwa anyagiranwa n’abandi ati jye naboze.


· Umugabo umwe agerwa kuri nyina.


· Umugabo yagiye kunnya inyuma y’igihuru impyisi irahuma, ati: wahuma wagira, intambara nk’iyi inyigeze kabiri yansubira twatongana.


· Umugabo yakubitiwe mu nsi yurugo rwa munywanyi we ntiyatabarwa ati kubana n’imbwa ndekeye aho.


· Umugabo yatutse undi ati uragapfa undi nawe ati nzagaya imwba izansangayo.


· Umugani ugana akariho.


· Umugaragu aruta ingaruzwa muheto.


· Umugore abyara uwawe ntaba uwawe.


· Umugore amenya ayo umukazana mu nkiko, ntamenya ayo umukobwa mu mpinga.


· Umugore arabyina ntasimbuka.


· Umugore asasira uwishe se.


· Umugore bamukubitiye gusambana ati: nasekwa nutarakimeze.


· Umugore gito agutatira aguseguye.


· Umugore gito arutwa n’inkingi.


· Umugore gito arutwa n’umwanzi gica.


· Umugore gito ntimubura kubyarana.


· Umugore gito ntimujyana iwabo.


· Umugore gito ntumusigaho impfubyi.


· Umugore mubi agirwa n’ingongo y’umuhoro.


· Umugore mukina agukinze umutima, wateba akagutambuka ajya gushaka imbere ye.


· Umugore musangira amata ntimusangira amazi.


· Umugore mwiza asegura inkokora inkoko zikarinda zibika.


· Umugore mwiza ntaba uwawe, yaba uwa mukuru wawe.


· Umugore ni intwari, umukanira ----- impinduka yaza akaguta mu nganigani.


· Umugore ni nyampiga.


· Umugore ni umutima w’urugo.


· Umugore ni uwo umuryango.


· Umugore ntacyo bitwaye abyara umwana wampamagariraga iki.


· Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari kuza.


· Umugore si umwiza nk’uwumva.


· Umugore umukamira impenda (amashyo) impinduka zaza ati ntacyo wigeze umpa.


· Umugore umurika mu mbere yandurura, aba yereka imbeba.


· Umugore umwita inka ya Rwogera wamwikura akagukura mu rugo.


· Umugore umwita inka ya Rwogera wamwikura wamwikura mukajya i bwami.


· Umugore umwita Nyirabarenzi yajya kuvoma akamena ikibindi.


· Umugore umwita shenge warimukura mugakura inkingi.


· Umugore uri ku mutiba ntabura umutima.


· Umugore utazakurushya inkanda agucura agutaha ho.


· Umugore w’icyongezankoni abwira umugabo we ngo niwe ruzire.


· Umugore w’inkoramwuga, abishima yikoze mu nda.


· Umugore w’ubwenge n’umugabo we iyo uburo bweze bagura ibirago bibiri.


· Umugore w’ubwenge yonka undi.


· Umugore w’umupfu agirango mukeba yagabuye.


· Umugore w’umupfu akubitirwa ku ibuga.


· Umugore w’umupfu amena ibanga ry’umukamaye.


· Umugore w’umupfu arikirigita agaseka.


· Umugore w’umupfu arya imbuto agasiga intabire.


· Umugore w’umupfu aseka ikibi.


· Umugore w’umupfu ateka bwije, umugabo akamuhinduka atihinduye.


· Umugore w’umupfu yicara nk’uwashyikiriye.


· Umugore w’umupfu, yaje rugezo abyara shikama.


· Umugore w’umupfu yarikirigise araseka.


· Umugore w’umusaza ntaherekeza urwenya.


· Umugore w’undi araryoha.


· Umugore wihenda yitwa bantanze urusyo.


· Umugore yaryamanye n’ikiremba ati nambariye ubusa ubundi.


· Umuhanga wo kurya arara akarabye.


· Umuhigi uri kure ntaramurira imbwa.


· Umuhini mushya utera amabavu.


· Umuhungu w’icyiremba yarongoye umukobwa urwaye intinyi ati unyorosoye nabyukaga.


· Umuhutu agira inzara ntagira inzika.


· Umuhutu ntashimwa kabili.


· Umuhutu urenzwe arenza nyina akaguru.


· Umuja aruta umugore mubi.


· Umujinya w’imbwa ushirira mu kuzunguza umurizo.


· Umukecuru yanyaliye imbaragasa iti: ulitonde n’iyumuhindo yaransize.


· Umukecuru yirebye amaguru ati bumba butama waratamiye.


· Umukobwa aba umwe agatukisha bose.


· Umukobwa bamushima ingendo akarenga iwabo.


· Umukobwa wabuze umuranga yaheze mwa nyina.


· Umukobwa wahiriwe yibwira ko akirusha abandi.


· Umukobwa w’ubwira asambana asabwa.


· Umukobwa w’umutima yubahisha umuryango.


· Umukobwa w’umupfu asuzuguza umuryango.


· Umukunnyi wa cyane yikururiye abaswezi (Umukunnyi yaruhiye umuswezi).


· Umukunnyi aruhira umuswezi.


· Umukunnyi mutindi akunira impare.


· Umukwe ntaba umwana.


· Umukwe w’isoni ahera mu mfuruka.


· Umukwe w’umupfapfa yarebye imisumbi ya nyirabukwe.


· Umuntu apfumbata uwo begeranye.


· Umuntu asiga akamwirukaho ntasiga akamwirukamo.


· Umuntu asinda akariho.


· Umuntu yibyarira ikishi.


· Umuntu yigishwa imico mibi n’abandi.


· Umunyabukorikori yirutse ku bimusiga, yihisha ibimubona, yihishurira ibyapfuye.


· Umunyandugakazi yaragumiwe ati: mbure umugabo mbure n’umukiga?


· Umunyazi wa cyane yikururiye abasambanyi.


· Umunywanyi wa benshi apfa akererewe.


· Umupfu ntabura umupfunya.


· Umurenzaho (umurenzo) wera ibijumba.


· Umuruho ntiwabira habira nyirawo.


· Umusaza uhaze akina n’imyenge y’inzu.


· Umusazi arasara akagwa ku ijambo.


· Umusazi asiga akamwirukana, ntasiga akamwirukamo.


· Umusazi w’umukecuru yabonye uw’umusore yiruka ati nangwa nawe uracyabiharaye.


· Umushishi w’umushino ntushira inogonora.


· Umushumba yakubise undi ati: genda shahu turacyaragiranye.


· Umusonga wundi ntukubuza gusinzira.


· Umuswezi w’umuhanga anyaza n’utarakunnye.


· Umuswezi w’umuhanga ntarobanura ibituba.


· Umutanyu w’ingoma uruta ihundo rizima.


· Umutavu w’urulimi iyo waciye ikiziliko ntawe uwutangira.


· Umutego mutindi ushibuka nyirawo akiwurora.


· Umutego mutindi wica nyirawo.


· Umutemeli wishavu ni ijosi.


· Umuti w’impaka ni uguceceka.


· Umuti w’ubutindi ni ukwanga guhemuka.


· Umuti w’ubusore ni ukurongora.


· Umutima muhanano ntiwuzura igituza.


· Umutima usobetse amaganya ntusobanura amagambo.


· Umutima w’imfubyi watanze umutwe w’umusaza kumera imvi.


· Umutindi ntacyira niyo akize ntakira uko yabaye.


· Umutindi ntakiza undi.


· Umututsi umusembereza mu kirambi akagutera ku buriri.


· Umututsi umuvura amaso akayagukanurira.


· Umututsi umuvura amenyo ejo akayaguhekenyera.


· Umutwa ararengwa agatwika ikigega.


· Umutware yicarira intebe undi ayibajisha.


· Umutware yakubise umugaragu ati urakoze databuja.


· Umutwe umwe wifasha gusara, ntiwifasha gutekereza.


· Umwambari w’umwana agenda nka se.


· Umwami akwicira so agacyura nyoko.


· Umwami akwicira so ugakoma yombi uti: umugome yapfuye nyagasani.


· Umwana apfa mu iterura.


· Umwana apfira mu iterura.


· Umwana murizi ntakurwa urutozi (ntakizwa intozi).


· Umwana ni umutware.


· Umwana umuhana avayo ntumuhana ajyayo.


· Umwana umwe si umuryango.


· Umwana utataramanye na se ntamenya umurage wa sekuru.


· Umwana utenguha bwira aneye rimwe.


· Umwana utumvira se na nyina yumvira ijeri.


· Umwana uzaheka ntumwicisha urume.


· Umwana w’umuja ukubitirwa ku mazi nyina yavomye.


· Umwana w’umwingingano umuha amata akaruka amaraso.


· Umwana w’undi abishya inkonda.


· Umwanda ugira akazu.


· Umwan zi aba mwa nyoko ntaba kure.


· Umwanzi agucira akobo Imana igucira akanzu.


· Umwanzi ntaba kure.


· Umwera uturutse ibukuru ukwira hose.


· Umwibone (inshiziyamanga) w’umugore yabwiye umwami ati nijye wakakwemeye.


· Umwijuto w’ikinonko ugirango imvura ntizagwa.


· Unera agati kikubiranyije wahaguruka kakayagutera.


· Ungaye guhera ntungaye gutinda.


· Upfuye akuruta niyo mugeze ikuzimu arakuruta.


· Upfuye arapfurikwa.


· Uratinda ngo ukumburwe, ugasanga waribagiranye.


· Uri ibuzimu azunguza ajyana iwabo.


· Uri mwanyina aruma umuheha akongeza undi.


· Urose nabi burinda bucya.


· Uruboza ruruta ururumbya.


· Urubwa ruruta ububwa.


· Urubyiruye iimpaza ntirubura impagarara.


· Urucira mukaso rugatwara nyoko.


· Uruciye mu nsi ntamenya ikiruri imbere.


· Urugiye kera ruhinyuza intwari.


· Urugo ni urufite igikali.


· Urugo rwarazwe imishino umwana avukana itanu.


· Urugo rw’umwanzi rurutwa n’itongo.


· Urugo rw’undi ruribwamo ntirusegetwamo.


· Uruka ntafata uhitwa.


· Ururiye abandi ntirukwibagiwe.


· Uruma Isi arahuha.


· Urumbije umugore ntasarura umwana.


· Urupfu rw’imbwa ni inyama.


· Ururimi rubuze icyo ruvuga rubwejagura mu kanwa.


· Urushyize kera ruhinyuza intwari.


· Urutugu ntirukura ngo rurenge ijosi.


· Urwishe ya nka ruracyayirimo.


· Urwishigishiye ararusoma.


· Urya inshuro n’incuti bigashira udahaze.


· Urya urw'undi ntarwara inzoka.


· Usanze nyina ashaje avuga ko inka za se zapfuye ubusa.


· Usanze umwana w’undi arya amabyi aramubwira ati: komeza.


· Useka usuze bwacya ukannya.


· Usenya urwe umutiza umuhoro.


· Ushaka inka aryama nka zo.


· Ushaka kugishira ipfa aracyibyarira.


· Ushaka uko nyina yashatse amara amazu.


· Ushaka umushaka asanga umweko woroshye.


· Ushize impumu yibagirwa icyamwirukankanaga (icyazimuteye).


· Usiga umugeni ku cyanzu ukajya kwenda uwo ku cyavu.


· Usiga umwanzi amara isimbo.


· Ushaka amahoro yenga amahore.


· Ushaka ko imboro zambuka uruzi abanza ibituba.


· Ushaka ntababarira imisundi.


· Ushaka umushaka asanga umweko woroshye.


· Ushyingura amurika aba yereka imbeba.


· Usurana umujinya ukinera.


· Usuze agirwa no kunutsa.


· Usuzugura agatuba ka mucyeba kakagutwara umugabo.


· Utabusya abwita ubumera.


· Utaganiriye na se ntamenya icyo sekuru yavuze (yasize avuze).


· Utagera aragereranya.


· Utagera ibwami abeshywa byinshi.


· Utagira nyirasenge arisenga.


· Utagira ubwoba aba atagra ubwenge.


· Utagira uwo atuma arituma.


· Utakwambuye aragukerereza.


· Utaranigwa agaramye agira ngo ijuru riri bugufi (hafi).


· Utarapfa aba akiriho.


· Utariye ibyo upfuye arya ibyo ugiye.


· Utazi akaraye araza ifu.


· Utazi akaraye i Fumbwe araza ifu.


· Utazi ikibabaje umugabo amutuka gushahurwa.


· Utazi ikizakura yica umutavu.


· Utazi ikimuhatse arora imboro ya se igitsure.


· Utazi inda arara yijuse.


· Utazi ubwenge ashima ubwe.


· Utazi umurera amureresa amabya imbere.


· Utazi Umurundi amurunda mu nzu.


· Utazi umwanzi asiga umubiri.


· Utazi umwanzi ashima inda.


· Utera uburezi arabwibanza.


· Uticaniye ntarahurira undi.


· Utinura itari iye ayigeza ku mabya


· Utuka utamutuka aba yitutse.


· Utuma abahutu atuma benshi.


· Uvoma yanga avoma ibirohwa.


· Uvuze ko nyirurugo yapfuye si we uba amwishe.


· Uwabike ntasaba arasumbakaza.


· Uwabuze imfura ata ibiheko.


· Uwagumiwe ahagamwa n’amazi.


· Uwahawe n’Imana ntiyamburwa n’umuyaga.


· Uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera.


· Uwambaye ubusa ni we ugira ndende.


· Uwanga amazimwe abandwa habona.


· Uwanga gutenguhwa atuma mukuru.


· Uwanze kwumva abwirwa ari uko amaso atukuye.


· Uwanze kwumva ntiyanze kubona.


· Uwanze kwumvira se (na nyina) yumvira ijeri.


· Uwanze nyakabwana ayangana n’ibyana byayo.


· Uwarerewe n’Imana agira ngo arusha abandi guhana.


· Uwariwe n’inzoka atinya n’umunyorogoto.


· Uwarose nabi burinda bucya.


· Uwarya amabyi yarya ikirundo.


· Uwashatse neza ahura n’uwashatse nabi akamuseka agakwenkwemura.


· Uwashirijwe n’intorezo ntiyadonderwa n’irago.


· Uwenze make (amarwa) ntaba yanze ababo.


· Uwenze uwo undi yiga gusya.


· Uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo.


· Uwibeshya ahomera iyonkeje.


· Uwica imbeba ntababarira ihaka.


· Uwicishije inkware ukwaha ahora akumanitse.


· Uwifuje umugisha w’undi annya ibuye.


· Uwifuza icyo azabona aravuga ngo icyampa ngapfa.


· Uwigize igihuru anebwamo.


· Uwigize igitebo ayora ivu.


· Uwirinda imishyukwe ayinyarira hakiri kare.


· Uwitonze akama ishashi.


· Uwitonze atura mu itongo ry’inkuba.


· Uwitonze (ugiye kera) akama ishashi.


· Uwitonze atoragura icyatakaye.


· Uwitumiye yitwaza intebe.


· Uwiturwa ineza n’uwo yayigiriye aba agira Imana.


· Uwivumbuye n’ubundi aba yivumbitse.


· Uwiyishe ntaririrwa.


· Uwo kitararya (kitarahanda) agira ngo nta menyo kigira.


· Uwo uzaheka ntumwicisha urume.


· Uwo zivugutiwe ni wo zinywa.


· Uwububa abonwa n’uhagaze.


· Uyambariza ku ziko ikagusiga ivu.


· Uyikura mu kabindi ikagukura mu bagabo.


· Uzabona uri i Rwanda.


· Uzangaye guhera ntuzangaye gutinda.


· Uzangaye gutinda ariko ntuzangaye guhera.


· Uzapfa akakurushya ntakagucure.


· Uzasya mvome.


· Uhima igisambo arakibitsa


· Ukujana ninjoro umushima bukeye.


V


· Vuguziga ni umwana w’Umunyarwanda.


· Umuwitonze ntiyandura


W[edit | edit source]


· Wabanguka ngo ushimwe, ugasanga umugayo wagutanzeyo.


· Wanga gucyura ihene hakibona, bwakwira ugahebeba nka yo.


· Wanga kwenda umuja bugacya atwite.


· Wigana ingendo y’undi ugatagataga.


· Wikanira umugisha w’undi ukannya ibuye.


· Wima igihugu amaraso, imbwa zikayanwera ubuntu.


· Wiringira amahoro amaherere ari inyuma (yaraye ku nzira).


· Wiringira ijosi rikakubyarira umwingo.


· Wirukana imbwa akari kera ukayimara ubwoba.


· Wirukana umugore uguguna igufa ukazana urimira bunguri.


· Wishinga imishinga y’imishino ugasarura imishumi y’ishati.


· Wishinga innyo y’undi iyawe ikarangara.


· Witaba kare ugatumwa kure.


Y


· YEZU ATI WABIMENYE


Z


· Zikama ababiri.


· Zikamwa ayo zitahanye.


· Zikama abahari


No comments:

Post a Comment