9/01/2015

Impaka Ku mushinga w'Itangwa rya Buruse,Abadepite barasaba ko ‘Bourse’ yajya itangwa hashingiwe cyane ku manota


Mu mpaka ku mushinga w’itegeko rizagenga ibyo gutanga inguzanyo ya ‘Bourse’ ku banyeshuri biga mu mashuri makuru, abadepite barasaba ko hazajya hashingirwa cyane ku manota y’umunyeshuri kugira ngo bizamure guhangana, Minisitiri w’Uburezi Dr. Papias Musafiri na we ntari kure y’ibyifuzwa ariko avuga ko uburemere bw’amasomo akenewe mu gihugu buzagira uruhare rukomeye.


Amakuru dukesha umuseke.rw, hatanzwe Ibisobanuro ku mushinga w’iri tegeko byatangwaga na Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga n’Ibidukikije yari kumwe na Minisitiri w’Uburezi Dr Papias Musafiri Malimba.
Komisiyo yabwiye abadepite inshamake y’ibikubiye mu itegeko, ko mu buryo bushya bwo gutanga inguzanyo umunyeshuri n’umwishingizi we (uyu yahinduye inyito yitwa uhagarariye umunyeshuri) bazajya bumvikana na Banki (ikigo cy’imari, ubu Leta yagiranye amasezerano na Banki y’itsuramajyambere, BRD).
Hasobanuwe ko abazajya basaba inguzanyo ari Abanyarwanda, bakazajya baba batsinze ikizamini cya Leta, baremerewe kwiga mu mashuri makuru ya Leta mu Rwanda. Minisiteri y’Uburezi ngo ni yo izajya ikora urutonde rw’abemerewe gusaba inguzanyo.
Minisitiri w’Uburezi yabwiye abadepite ko hazajya hashingirwa ku bintu bitatu kugira ngo umunyeshuri abe afite amahirwe yo kwemererwa inguzanyo. Ibyo birimo kuba yarize amasomo akenewe cyane n’igihugu, kuba yaratsinze neza ndetse no kuba ari mu byiciro by’ubudehe byemererwa gufashwa na Leta.
Abadepite bifuje ko inguzanyo yajya itangwa hagendewe ku manota umunyeshuri yagize kugira ngo nibura habemo ikintu cyo guhangana (competition).
Hon Mudidi Emmanuel wanabaye Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda mu bihe byashize, ari mu bashyigikiye ko bourse yajya itangwa hagendewe ku manota y’umunyeshuri.
Yagize ati “Amashuri makuru yose ntari ku rwego rumwe, Havard University cyangwa Oxford ntibifatwa kimwe n’andi mashuri, numva amanita yaherwaho ufite menshi akajya mu kigo cyiza.”
Mudidi kandi avuga ko kuba umunyeshuri aba yasabye inguzanyo azishyura kandi akaba ari umuhanga, uwo ari wese akwiye kuyihabwa hatagendewe ku byiciro by’ubudehe ngo kabone n’iyo umwana yaba ari uwa Minisitiri runaka.
Ati “Iyo tugiye mu byo kurushanwa numva umwana wagize amanita yo hejuru , niyo yaba ari uwa Minisitiri akwiye gufatwa hatajemo ibyiciro by’ubudehe kugira ngo tuzamure umuco wo guhangana.”
Iki gitekerezo asa n’ugisangiye na Hon Depite Nyabyenda we uvuga ko amanota ari ngombwa kuyagenderaho ariko hakajya hanarebwa amasomo akenewe cyane mu gihugu (priority).
Avuga ko ngo mu gihe cyo kugena imyanya mu burezi amasomo akenewe yajya ahabwa ijanisha mu myanya ryo hejuru, noneho andi adakenewe cyane akajya ahabwa imyanya mike.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Papias Musafiri asobanura iyi ngingo y’amanota n’uburemere bw’amasomo akenewe, yavuze ko amasomo akenewe ari gahunda Leta yiha mu gihe cy’imyaka itatu cyangwa itanu bitewe n’iterambere igihugu cyifuza.
Yavuze ko mu gutanga bourse hazajya harebwa mbere na mbere ayo masomo akenewe ariko ngo birashoboka ko umuntu watsinze cyane mu masomo adakenewe cyane n’igihugu yahabwa amahirwe kuruta uwo muri ariya masomo akenewe bitewe n’ayo manota n’icyiciro cy’ubudehe arimo.
Hon Rwabyoma we asanga ibyo kugendera ku masomo byitwa ko akenewe cyane bikwiye kutazakurikizwa mu ntangiriro z’ubu bushya bwo gutanga ‘bourse’ Minisiteri ikazabanza gufata igihe cyo kubisobanura ngo kuko abantu bose ntibakwiga ibintu bimwe.
Yagize ati “Ibyo gushingira ku masomo akenewe bikwiye kuvamo bikazasobanurwa. Byaba ari ivangura rigaragarira buri wese ‘Open dicrimination’ ku bana batize ayo masomo.”
Uyu mushinga w’itegeko rigena uburyo bushya bwo gusaba inguzanyo no kuyihabwa binyuze muri banki, kuri uyu wa mbere ntiwabashije gutorwa, abadepite baraza gokemeza kuwujyaho impaka mu buryo bw’ubugororangingo no gusaba ibisobanuro mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 1 Nzeri 2015, dore ko hatowe ingingo 10 muri 24 ziwugize.


No comments:

Post a Comment